Spritual Book KUTISHUSHANYA N'IBY'IKI GIHE, GUHINDUKA RWOSE TUGIZE IMITIMA MISHYA
Urugendo rwa gikiristo rwaba nta mumaro na mucye rumaze abakristo baramutse bakomeje kubaho ubuzima bwa gipagani, bagakomeza kwimika imirimo ya kamere. Mbese bagakomeza gutegekwa nโibyaha, umucyo wa Kristo watugezeho unyuze mu butumwa bwiza nโumurimo we ku isi, wakomeza kuba umwijima wโicuraburindi. Imbohe zaguma ku ngoyi zโibyaha, kandi urupfu rwatsemba bose nkโibihembo byโibyaha. Ubuzima bushya ku bantu bamaze kwakira ubutumwa bwiza ni intego igarukwaho mu bitabo byose byโisezerano rya Kera.
Yesu yavuze ko abizera bari kuba nkโamatabaza mu isi, kandi bari kuba ubwabo umucyo wโisi, bari kuba umunyu wโisi, mu magambo yose ya Kristo ubwe yagaragaje ko ubuzima bwโabizera bwagombaga kuba ikitegererezo mu isi yโabanyabyaha. Pawulo intumwa ku banyamahanga yakomeje izo nyigisho ndetse abona umwanya uhagije wo gusobanura neza ayobowe nโUmwuka wera uko abizera bari bakwiriye kugera muri ubwo bwiza bushya.
Mu rwandiko yandikiye itorero ryโI Roma, yabasabye kutishushanya nโabโiki gihe, Guhinduka no kugira umutima mushya. (Rom 12:2) Ayobowe nโUmwuka Wera, Pastor Joseph SERUGO MUTATIKA umushumba wโitorero Universal Pentecostal church in Mission, muri Reta zunze ubumwe za Amerika (USA) mu ntara ya Texas, mu Mugi wa SAN ANTONIO. Yafashe umwanzuro wo kwandika iki gitabo ufite mu ntoki zawe. Muri iki gitabo uziga uburyo bwiza bwafashije abakristo benshi kugira umuzima buhindutse bushya kandi bunezeza Imana. Ngaho rero muze dutangirane nโumwanditsi maze tugere ku iherezo dufite ubuzima buhindutse kandi dufite imitima mishya.